AMAKURU

Rulindo: Abarenga 40 baritegura gupfa bazize ubushra banyweye

Rulindo: Abarenga 40 baritegura gupfa bazize ubushra banyweye
  • PublishedAugust 29, 2023

Abaturage 47 bo mu Murenge wa Cyinzuzi mu Karere ka Rulindo, barwaye mu nda bajyanwa kwa muganga nyuma yo kunywa ku bushera buhumanye.

Ku wa Gatandatu nibwo bariya baturage batashye ubukwe bw’umusaza w’imyaka 67 wo mu Mudugudu wa Kigarama mu Kagari ka Budakiranya.

Ababyitabiriye batashye banezerewe cyane gusa bukeye bwaho yaje kubakira, abatereka inzoza ariko abanyweye ubushera bose batangiye kuribwa mu nda kugeza ubwo bamwe bajyanywe kwa muganga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Cyinzuzi, yavuze ko Benda Theophile, ko bamaze kubarura abaturage 47 banyweye ubwo bushera bakarwara mu nda.

Yavuze ko muri bariya baturage bajyanywe kwa muganga barimo abagera kuri bane barembeye mu Bitaro bya Rutongo.

Yagize ati “Amakuru bari kuduha baravuga ko babitewe n’ubushera banyoye mu bukwe.”

Kuri ubu ngo abanyweye kuri ubu bushera batari bajya kwa muganga barasabwa kujyayo kugira ngo bahabwe imiti.

 

Written By
CESAR

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *