AMAKURU

kenya: abantu 50 bishwe n’invura

kenya: abantu 50 bishwe n’invura
  • PublishedApril 30, 2024

Muri Kenya abantu basaga 50 bapfuye nyuma y’uko urugomero ruturitse kubera imvura nyinshi, rugateza imyuzure yatwaye inzu zari zituwemo, abo kandi bariyongera ku bandi bagera kuri 35 bivugwa ko baburiwe irengero nyuma y’uko ubwato burohamye, bitewe no kuzura gukabije k’umugezi wa Tana, bitewe n’imyuzure yatewe n’imvura imaze iminsi yibasiye icyo gihugu.

Ubwo bwato bwarohamye ku cyumweru tariki 28 Mata 2024, ibikorwa byo kubashakisha bitangira ubwo ariko mu masaha y’ijoro birasubikwa, bikomeza ku wa Mbere tariki 29 Mata 2024.

Nyuma y’iturika ry’urugomero ryatwaye ingo z’abantu, imihanda iracika, ibiti ku mihanda birarimbuka, urwo rugomero rukaba ruherereye mu gace kari hagati y’Umujyi muto wa Kijabe n’ahitwa Mai Mahi ku muhanda mugari uva i Nairobi, werekeza i Nakuru mu Burengerazuba bwa Kenya.

Ikinyamakuru BBC cyatangaje ko Guverineri w’Intara ya Nakuru, Susan Kihika, yari yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, ati “Abantu 42 bapfuye, ni ikigereranyo cy’agateganyo. Haracyari benshi munsi y’ibyondo.”

Gusa, nyuma gato uwo mubare waje gukomeza kwiyongera ugera kuri 50, kandi ukaba ushobora no gukomeza kwiyongera, kuko ibikorwa byo gushakisha ababa baratwawe n’amazi birakomeje.

Peter Muhoho warokotse icyo kiza, yavuze ko benshi mu baturanyi be batwawe n’amazi, yagize ati “Nari ndyamye ubwo numvaga guturika cyane kwakurikiwe no gutabaza”.

Ati “Amazi yari yuzuye ahantu hose. Dutangira gutabara abantu. Iki gikapu ni icy’umwana nzi. Yatwawe n’amazi. Nagisanze hepfo.”

Urwo rugomero rwaturitse mu ijoro ryo ku cyumweru abatuye muri ako gace basinziriye. Byatumye inzu nyinshi n’imibare y’abapfuye n’ababuze iba myinshi.

Written By
CESAR

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *