IMIKINO

APR BBC Yatsinze REG BBC Mu Mukino Wa Mbere w’Iya Nyuma Ya Kamarampaka

APR BBC Yatsinze REG BBC Mu Mukino Wa Mbere w’Iya Nyuma Ya Kamarampaka
  • PublishedSeptember 2, 2023

APR BBC yageze muri iki cyiciro nyuma yo gusezerera Patriots iyitsinze imikino 3-0, REG BBC na yo ni ko yabigenje imbere ya Espoir BBC.

Ku wa Gatanu, Ikipe y’Ingabo yatangiye neza uyu mukino, Nshobozwabyosenukiza Jean Jacques Wilson atsinda amanota menshi.

Ku rundi ruhande, Adonis Filer na we byari uko, amakipe yombi atangira umukino yegeranye cyane mu manota.

Uko iminota yazamukaga ni ko abandi bakinnyi nka Muhizi Prince ku ruhande rwa REG BBC na Fulla Nganga wa APR BBC na bo batangiye kwinjira mu mukino.

Igice cya mbere cyarangiye APR BBC iyoboye umukino n’amanota 36 kuri 30 ya REG BBC.

Ikipe y’Ingabo yakomeje gukina neza no mu gace ka gatatu binyuze kuri DeMarcus Holland, William Robeyns na Nshobozwabyosenumukiza.

Ku rundi ruhande, REG BBC yo yagorwaga no kuba Beleck Bell usanzwe ukorera mu ngata Adonis mu gufasha iyi kipe byari byamunaniye bikomeye.

Bidatinze, n’aka gace Ikipe y’Ingabo yagasoje ikiyoboye umukino gusa yatangiye kongera ikinyuranyo kuko cyari amanota 11 (53-42).

Mu gace ka nyuma, Ikipe ya Sosiyete y’Igihugu Ishinzwe Ingufu yagarukanye imbaraga nyinshi ishaka kugabanya ikinyuranyo yewe byanagenda neza ikaba yakwegukana umukino ariko APR iranga iyibera ibamba.

Iyi kipe y’Ingabo yakomeje kwitwara neza mu bwugarizi no kubyaza umusaruro imipira myinshi REG yatakazaga.

Muri rusange, umukino warangiye APR BBC yatsinze REG BBC amanota 68-62, yegukana intsinzi ya mbere mu mikino ya nyuma ya kamarampaka.

Umukino wa kabiri uteganyijwe ku Cyumweru tariki 3 Nzeri 2023 saa Moya n’Igice muri BK Arena.

Mu bagore, APR WBBC yageze ku mukino wa nyuma mu ya kamarampaka, nyuma yo gutsinda The Hoops amanota 84-47 ikuzuza intsinzi 3-0.

Ni mu gihe undi mukino wabaye, warangiye REG WBBC yatsinze IPRC Huye amanota 85-66 yuzuza intsinzi ebyiri aho isabwa imwe igasanga APR WBBC ku mukino wa nyuma.

Pitchou Manga ashaka gutsinda amanota Manzi Dan akagerageza kumuzibira

Abafana ba APR BBC bafanaga bikomeye

Muhizi Prince agerageza kubuza DeMarcus Holland gutsinda amanota ibiri

Pitchou Manga ntiyemeraga ibyemezo by’umusifuzi mu gihe ari no ku ntebe y’abasimbura

Umutoza wungirije wa REG BBC, Mwiseneza Maxime, aganiriza Shyaka Olivier na Niyonkuru Pascal

Shyaka Olivier ahanganye na Axel Mpoyo muri uyu mukino wa mbere muri irindwi amakipe yombi ashobora gukinwa

Abakinnyi ba REG BBC banyuzagamo bagakora inama

Adonis Filer na Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques ni bo bigaragaje muri uyu mukino

Prince Ibeh yakoreweho amakosa menshi, ariko ntiyabyaje umusaruro ‘lancer franc’ zose yahawe kuko izo yatsinze zitageze kuri 30%

Umuhanzi Bruce Melodie n’umujyanama we Coach Gaël bari mu byamamare byarebye uyu mukino

Coach Gaël yanyuzagamo agahaguruka agafana

Ihangana rya Adonis na Nshobozwabyosenumukiza ni kimwe mu biba byitezwe muri uyu mukino

Wari umukino w’imbaraga ku mpande zombi

Abafana bari benshi muri BK Arena
Written By
Pacifique NIYITANGA

Content Writer

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *