AMAKURU

Babiri bishwe, Batanu Bakomerekera Mu Kurasa nNyuma y’Umuhango wo Gusoza Amashuri Yisumbuye.

Babiri bishwe, Batanu Bakomerekera Mu Kurasa nNyuma y’Umuhango wo Gusoza Amashuri Yisumbuye.
  • PublishedJune 7, 2023

Umunyeshuri wimyaka 18 wari umaze kurangiza amashuri n’umugabo w’imyaka 36 wari muri ibyo birori baricwa. Polisi yavuze ko umwana w’imyaka 19 akekwaho kuba yararashe.

Polisi ya Richmond yavuze ko abantu babiri, barimo umusore w’imyaka 18 wari umaze kurangiza amashuri, bishwe abandi batanu barakomereka mu iraswa nyuma y’imihango yo gutanga impamyabumenyi y’amashuri yisumbuye ku kigo cya kaminuza ya Virginia Commonwealth.

Umuyobozi w’agateganyo wa polisi ya Richmond, Rick Edwards, yabitangarije abanyamakuru ko umwe mu bantu babiri wabanje gufungwa ariwe umusore w’imyaka 19, yakekwagaho kurasa. Yavuze ko kandi umuntu wa kabiri wafunzwe atabigizemo uruhare.

Edwards yavuze ko ukekwaho icyaha utaramenyekana ngo ashyirwe ku mugaragaro, akurikiranyweho ibyaha bibiri by’ubwicanyi bwo mu rwego rwa kabiri. Yavuze ko abayobozi bemeza ko ukekwaho icyaha yari azi nibura umwe mu bahohotewe.

Edwards yavuze ko ba nyakwigendera bamenyekanye nku umunyeshuri ufite imyaka 18 y’amavuko akaba yari amaze kurangiza amashuri ndetse n’umugabo w’imyaka 36 wari uhari muri ibyo birori. Polisi ntiratangaza amazina yabo.

Yavuze ko abantu batanu bakomeretse bose ari abagabo bafite imyaka 14 kugeza kuri 58. Polisi yavuze ko umwe muri bo, ufite imyaka 31, yari arimo avurwa ibikomere, naho bane bakomeretse batatekerezaga ko bikomeye.

Polisi yavuze ko abandi bantu icyenda bajyanwe kuvuza kubera guhungabana n’ibikomere bidakabije, kwikubita hasi n’ibindi bintu. Edwards yavuze ko umwe muri bo yari umwana w’imyaka 9 wagonzwe n’imodoka, avurirwa aho hanyuma yoherezwa mu bitaro ngo asuzumwe.

Ikigo cy’ubuvuzi cya VCU i Richmond cyakiriye abarwayi batandatu bafite ibibazo bikomeye cyane, nk’uko umuvugizi Danielle Pierce yabitangaje abinyujije kuri imeri.

Ubuyobozi bwavuze ko kurasa byabereye muri Parike ya Monroe, saa kumi nimwe z’umugoroba. Edwards yavuze ko imbunda enye arizo zabashije gufatirwa aho. Polisi yavuze ko abantu batanu bajyanwe mu bitaro bavuye muri ako gace bakomerekeye muri uko kurasa, abandi bantu babiri ubwabo bijyana kwa muganga.

Ku wa kabiri, abapolisi ahabereye kurasana mu kigo cya kaminuza ya Virginia Commonwealth i Richmond .

 

Source: NBC News

Written By
Pacifique NIYITANGA

Content Writer

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *