UBUREZI

MINEDUC yasabye ababyeyi gushyigikira abanyeshuri gukora ibizamini bya Leta

MINEDUC yasabye ababyeyi gushyigikira abanyeshuri gukora ibizamini bya Leta
  • PublishedJuly 8, 2024

 

Image

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yasabye buri wese by’umwihariko ababyeyi gushyigikira abanyeshuri bagakora neza ibizamini bya Leta ku gihe, kugira ngo babashe kubitsinda neza.

Yabigarutseho ubwo yatangizaga ibizamini by’amashuri abanza bisoza umwaka w’amashuri 2023/2024, bagera kuri 202,999 mu Gihugu hose, yabitangirije ku ishuri ryisumbuye rya G.S Gisozi I.

Minisitiri w’Uburezi Dr Twagirayezu Gaspard, yavuze ko abanyeshuri bateguwe neza ku buryo bizeye gutsinda ibizamini.

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yasabye buri wese by’umwihariko ababyeyi gushyigikira abanyeshuri bagakora neza ibizamini bya Leta ku gihe, kugira ngo babashe kubitsinda neza.

Yabigarutseho ubwo yatangizaga ibizamini by’amashuri abanza bisoza umwaka w’amashuri 2023/2024, bagera kuri 202,999 mu Gihugu hose, yabitangirije ku ishuri ryisumbuye rya G.S Gisozi I.

Minisitiri w’Uburezi Dr Twagirayezu Gaspard, yavuze ko abanyeshuri bateguwe neza ku buryo bizeye gutsinda ibizamini.

Yasabye ababyeyi kugira uruhare mu kwitabira ibizamini bya Leta kugira ngo babashe kubikora neza.

Yagize ati: “Dusaba ababyeyi gufasha abana bageze mu rugo no kuruhuka, kugira ngo bazagaruke mu kizamini biteguye ariko bakanahagera ku gihe, kubera ko ni ikizamini gitangirira ku gihe bisaba ko ababyeyi bakangurira abana ku gihe. Si n’ababyeyi gusa natwe twese unyuze ku mwana wamubwira, ni inshingano zacu kubakangurira kuhagerera ku gihe”.

Minisitiri Dr Twagirayezu yasabye abanyeshuri gutuza bagakora ikizamini neza kandi bazabitsinda.

Ati: “Abana turabibutsa ko bamaze imyaka Itandatu bitegura. Ubundi ukuntu dutegura ibizamini twifashisha abarimu babigishije n’ubundi bivuze ko rero ikizamini aba abona imbere ye, cyari gikwiye kuba ikizamini gihagarariye amasomo yose ndetse n’ay’abarimu bamwigishije.”

Uwo muyobozi yasabye abanyeshuri gusoma ibizamini bitonze bakabisubiza, kandi bakagera ku ishuri aho bakorera ikizamini ku gihe, bagashyiramo imbaraga uko bashoboye.

Ku bijyanye n’abantu bafite ubumuga, mu gukora ikizamini Leta yatekerejweho, aho bitewe n’ubumuga bafite borohezwa gukora ibizamini, haba kubaha ibikoresho bihagije no kubongerera igihe ikizamini kimara bitewe n’uko batabasha kwihuta mu gukora ibizamini nk’abandi badafite ubumuga.

Abo banyeshuri 202,999 basoje amashuri abanza batangiye gukora ibizamini bisoza mu mashuri abanza, barimo abahungu 91 189, n’abakobwa 111 810, babikoreye ku bigo by’amashuri birenga 1 100. Bazakora ibizamini bitanu bizakorwa mu minsi itatu bakazasoza tariki ya 10 Nyakanga 2024.

Yasabye ababyeyi kugira uruhare mu kwitabira ibizamini bya Leta kugira ngo babashe kubikora neza.

Yagize ati: “Dusaba ababyeyi gufasha abana bageze mu rugo no kuruhuka, kugira ngo bazagaruke mu kizamini biteguye ariko bakanahagera ku gihe, kubera ko ni ikizamini gitangirira ku gihe bisaba ko ababyeyi bakangurira abana ku gihe. Si n’ababyeyi gusa natwe twese unyuze ku mwana wamubwira, ni inshingano zacu kubakangurira kuhagerera ku gihe”.

Minisitiri Dr Twagirayezu yasabye abanyeshuri gutuza bagakora ikizamini neza kandi bazabitsinda.

Ati: “Abana turabibutsa ko bamaze imyaka Itandatu bitegura. Ubundi ukuntu dutegura ibizamini twifashisha abarimu babigishije n’ubundi bivuze ko rero ikizamini aba abona imbere ye, cyari gikwiye kuba ikizamini gihagarariye amasomo yose ndetse n’ay’abarimu bamwigishije.”

Uwo muyobozi yasabye abanyeshuri gusoma ibizamini bitonze bakabisubiza, kandi bakagera ku ishuri aho bakorera ikizamini ku gihe, bagashyiramo imbaraga uko bashoboye.

Ku bijyanye n’abantu bafite ubumuga, mu gukora ikizamini Leta yatekerejweho, aho bitewe n’ubumuga bafite borohezwa gukora ibizamini, haba kubaha ibikoresho bihagije no kubongerera igihe ikizamini kimara bitewe n’uko batabasha kwihuta mu gukora ibizamini nk’abandi badafite ubumuga.

Abo banyeshuri 202,999 basoje amashuri abanza batangiye gukora ibizamini bisoza mu mashuri abanza, barimo abahungu 91 189, n’abakobwa 111 810, babikoreye ku bigo by’amashuri birenga 1 100. Bazakora ibizamini bitanu bizakorwa mu minsi itatu bakazasoza tariki ya 10 Nyakanga 2024.

Written By
CESAR

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *